Thursday, September 13, 2012

Rihanna yemeje ko Chris Brown ariwe muhungu wa mbere ku isi

Nyuma y’uko ubwo hatangwaga ibihembo bya MTV Video Awards Rihanna na Chris Brown berkanye ko bagifitanye urukundo,ndetse n’ibyo Rihanna yakomeje gutangaza ko yiteguye kubabarira Chris Brown,Rihanna yongeye gushimangira ko yababariye Chris Brown kandi ko ariwe muhungu wa mbere ku isi.
RIHANNA
Rihanna na Chris Brown.
Nk’uko byashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru Hollywood Life Rihanna yabwiye umwe mu nshuti ze za hafi ko abona Chris Brown ariwe muhungu wa mbere ku isi ndetse ko abona ariwe wenyine bajyanye.Rihanna yakomeje abwira iyi nshuti ye ko yibagiwe ibibi byose yamukoreye harimo no kumukubita.
Aya magambo ya Rihanna aje ashimangira ibyo benshi bari bamaze iminsi bibaza ko bashobora gusubirana nyuma y’uko Chris Brown nawe yishushanyijeho ifoto ya Rihanna.
rihanna
Rihanna na Chris Brown urukundo rwabo rwiyongeye.
Ibi kandi bije nyuma y’uko ubwo Rihanna yari mu kiganiro n’umunyamakuru Oprah Winfrey yabajijwe niba agikunda Chris Brown,maze ahita aturika ararira yemeza ko akimwiyumvamo.
Ese bizabaho ko Chris Brown na Rihanna bongera bagakundana ku mugaragaro nyuma y’amagambo menshi yagiye avugwa ko Rihanna yongeye gukunda Chris Brown yaba yibeshye cyane?
Ese ibindi bihangange nka Jay-z,Kanye West n’abandi bari bafashe iya mbere mu kugira inama Rihanna kureka Chris Brown nyuma yo kumukubita mu mwaka w’2009 bazabyifatamo bate?

No comments:

Post a Comment