Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 06 Nzeli 2012,
umuraperi Riderman yagiriye igitaramo mu gihugu cy’ubuhinde, igitaramo
cyabereye Shelton hotel, blue waves akaba ari mu Kabyiniro kari ku
muhanda witwa Brigade Road.
Riderman mu gitaramo.
Muri iki gitaramo hagaragaayemo abandi bahanzi nka Paulo wafunguye igitaramo, hakurikiraho Lucky J nyuma haza kuza Riderman.
Ubwo Riderman yari ageze ku rubyiniro, ibirori byarushijeho gushyuha, maze abafana biganjemo abanyeshuli bari bari aho barushaho kwishima.
Mu bari muri iki gitaramo hari higanjemo abanyeshuli bakomoka mu Rwanda, Tanzania, Uganda, Kenya, Cameron, Nigeria, Congo, Bhutan, Nepal ndetse n’abahinde.
Bamwe mu bafana ba Riderman bakomoka muri Tanzania bari bizihiwe.
Riderman akaba yatangije kuririmba ahagana saa ine na cumi n’itanu zo mu buhinde (10:15pm) ni ukuvuga saa 6:45 zo mu Rwanda.
Mu ndirimbo uyu muraperi yaririmbye hakaba harimo Nkwite nde , Bombori bombiri, Igitangaza, Rutenderi n’izindi, gusa izi akaba arizo zikundwa cyane n’abakunzi be bo mu gihugu cy’Ubuhinde.
Lucky J aririmba
Riderman mu gitaramo.
Muri iki gitaramo hagaragaayemo abandi bahanzi nka Paulo wafunguye igitaramo, hakurikiraho Lucky J nyuma haza kuza Riderman.
Ubwo Riderman yari ageze ku rubyiniro, ibirori byarushijeho gushyuha, maze abafana biganjemo abanyeshuli bari bari aho barushaho kwishima.
Mu bari muri iki gitaramo hari higanjemo abanyeshuli bakomoka mu Rwanda, Tanzania, Uganda, Kenya, Cameron, Nigeria, Congo, Bhutan, Nepal ndetse n’abahinde.
Bamwe mu bafana ba Riderman bakomoka muri Tanzania bari bizihiwe.
Riderman akaba yatangije kuririmba ahagana saa ine na cumi n’itanu zo mu buhinde (10:15pm) ni ukuvuga saa 6:45 zo mu Rwanda.
Mu ndirimbo uyu muraperi yaririmbye hakaba harimo Nkwite nde , Bombori bombiri, Igitangaza, Rutenderi n’izindi, gusa izi akaba arizo zikundwa cyane n’abakunzi be bo mu gihugu cy’Ubuhinde.
Lucky J aririmba
No comments:
Post a Comment